BREAKING rayon sports wfc wins the peace cup after defeating police wfc rayon sports wfc yegukanye igikombe cy’amahoro itsinze police wfc simba queens prend sa revanche sur yanga princess simba queens yihanije yanga princess simba queens avenge themselves against yanga princess

AMAKIPE Y'ABAGORE YA APR WBBC NA REG WBBC YAHAGARARIYE U RWANDA MU MUKINO YA WBLA YABEREYE I CAIRO MU MUSIRI

AMAKIPE Y'ABAGORE YA APR WBBC NA REG WBBC YAHAGARARIYE U RWANDA MU MUKINO YA WBLA YABEREYE I CAIRO MU MUSIRI

AMAKIPE Y'ABAGORE YA APR WBBC NA REG WBBC YAHAGARARIYE U RWANDA MU MUKINO YA WBLA YABEREYE I CAIRO MU MUSIRI

‎Amakipe y’abagore ya APR WBBC na REG WBBC yahagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ya FIBA Africa Women’s Basketball League (WBLA) yabereye i Cairo mu Misiri, irushanwa ryatangiye ku wa 5 Ukuboza 2025, rikagaragaza ubukana, ishema n’ubutwari bw’abakinnyi b’Abanyafurika.

‎Mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, APR WBBC 🇷🇼 yanditse amateka mashya, yegukana umudali w’umuringa 🥉 ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar 🇸🇳 ku manota 90–84. Wari umukino w’intambara y’amanota n’umutima, aho APR yerekanye ubunararibonye, kwihangana n’ishyaka ridasanzwe, ishimangira ko ari imwe mu makipe akomeye ku mugabane wa Afurika.

‎Ku rundi ruhande, REG WBBC 🇷🇼nayo yagaragaje ubutwari n’umurava mu mukino wayo, itsinda CNSS ku manota 77–72. Iyi ntsinzi yatumye REG isoreza ku mwanya wa karindwi mu mikino Nyafurika ya FIBA Africa Women’s Basketball League. Nubwo atari ku mwanya wo hejuru, REG yasoje irushanwa yereka buri wese ko ifite ejo hazaza heza n’ubushobozi bwo kuzamuka kurushaho.

‎Muri rusange, aya makipe yombi y’u Rwanda yatanze ishema ku gihugu, yerekana ko basketball y’abagore mu Rwanda ikomeje gutera imbere, igahanganira icyubahiro ku rwego rwa Afurika, nk’intare zidatinya urugamba.

‎Written: Migisha Janviére

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!